Igisobanuro cy’imbunda itangaje ifite ipfundo ku munwa wayo
Carl Fredrick Reutersward, yakoze ikibumbano cy’imbunda ifite ipfundo ‘knotted gun’, cyaje nyuma guhabwa izina rya ‘Non Violence’ ugenekereje mu Kinyarwanda bisobanura ‘ikibumbano cyamagana ihohoterwa’.
Uyu
munyabugeni ukomoka mu gihugu cya Suwede yakoze iki kibumbano mu rwego rwo guha
icyubahiro ndetse no kwibuka incuti ye John Lennon wari umuririmbyi akaza
kwicwa arashwe.
Bwa mbere
iki kibumbano kerekanwa, kerekaniwe ku cyicaro gikuru cya Loni mu 1988.
Iki
gishushanyo ni ikimenyetso cy’amahoro nk’uko byatangajwe n’uwari umunyamabanga
wa Loni, Koffi Anan, igihe hizihizwaga isabukuru y’imyaka 10 cyari kimaze
cyerekanwe.
Yagize
ati “Iki kibumbano ntikigaragaza ubuhanga n’ubugeni gikozemo gusa ahubwo
kinagaragaza ubumuntu mu buryo gikoze, mu ipfundo rikigize hagaragaramo
isengesho ridasaba insinzi gusa ahubwo risaba amahoro.”
Kuva
ikibumbano cya mbere cya kerekanwa ku cyicaro gikuru cya Loni mu 1988, hakozwe
byinshi bimeze nka cyo ndetse bishyirwa mu bice birenga 30 bitandukanye ku Isi.
Cyashyizwe
mu mijyi irenga 14 yo mu gihugu bya Suwede, mu Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari
naho hari icyambere cyakozwe (original), mu Bushinwa, mu Bufaransa, mu Budage,
Mexico, mu Busuwisi, i Luxembourg, mu Buhinde, Georgia, Lebanon, Ireland
y’Amajyaruguru, ndetse no muri Afurika y’Amajyepfo.
Ku
mugoroba wo ku ya 8 Ukuboza 1980, nibwo nyakwigendera John Lennon wahoze ari
umuririmbyi wo mu itsinda rya Beatles, yakomeretse bikabije ubwo yarashwe
amasasu atanu ari mu nzira ataha iwe mu gace ka Dakota mu mujyi wa New York.
Mark
Chapman wari umufana wa Beatlles niwe wishe Lennon amuziza amagambo yatangaje
mu 1966 avuga ko itsinda ryabo Beatles ryamamaye kuruta uko Yesu yamamaye, icyo
Chapman yise uburyarya.
Umwanditsi: Christian Mugisha
![]() |
| Ipfundo riri ku munwa w'iyi mbunda rifite igisobanuro cyo kwamagana ihohoterwa |

Comments
Post a Comment